Yanditswe na Dushimimana Elias
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026, Nibwo Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’umutoza wayo ukomoka mu Bufaransa, Bruno Ferry nyuma y’amezi atatu ayigezemo.
Mu itangazo iyi kipe yanditse binyuze ku mbuga nkoranyambaga yagize iti: ”Ku bwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na Bruno Ferry wari umutoza Mukuru. Mwarakoze cyane coach Bruno Ferry.”
Uyu mutoza yari yarageze muri Rayon Sports tariki ya 18 z’ukwezi kwa 12 asimbuye Afhamia Lotfi nawe wari wirukanwe nyuma y’amezi atatu ahawe akazi.
Bruno Ferry asize Rayon Sports ku mwanya wa 5 n’amanota 39 muri shampiyona ndetse anayisize muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro cya 2026.
Uyu mutoza uramba nk’urume, yatoje umukino we wa Mbere wa shampiyona kuwa Gatandatu tariki 27 Ukuboza 2025, Saa 18h30 kuri Kigali Pele Stadium, ubwo Rayon Sports yakiraga Etincelles FC.



Uyu mutoza aramba nk’urume
