Yanditswe na Dushimimana Elias
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Nibwo Ikipe y’Igihugu y’umupira w’Amaguru Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026, nyuma yo gutsindira Estonia ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro mu mukino wa nyuma w’itsinda rya mbere.
Uyu mukino wahaye igikombe Amavubi watangiye Saa Moya n’Igice z’umugoroba, nyuma y’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wegukanwe n’ikipe y’igihugu ya Kenya itsinze yo gutsinda Grenada ibitego 3-0. Imbere y’umukuru w’igihugu n’abafana benshi bari buzuye Stade Amahoro, umutoza w’ikipe y’igihugu Stephen Constantine nta mpinduka yari yakoze mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mukino u Rwanda rwatsinzemo Grenada 4-0.
Kuva umukino utangiye kugeza ku munota wa 30, Amavubi atsinda igitego cya mbere cyatsizwe na Biramahire Abbedy ku mupira yahawe na Mickels Lance Joy, ikipe ya Estonia yari iri hejuru ihererekanya neza bakagera imbere y’izamu ariko ba myugariro n’umunyezamu b’Amavubi bahagarara neza. Nyuma yo gutsinda igitego Amavubi ya yayoboye umukino maze igice cya mbere kirangira ari 1-0.
Igice cya kabiri abatoza ku mpande zombi bakoze impinduka cyane cyane bashyiramo abakonnyi batabonye umwanya wo gukina. nk’uko yatangiye umukino Estonia yagarutse ishaka igitego cyo kwishyura ariko bihumira ku murari ku munota wa 51 ubwo Mickels Leroy Jacques yaterekagamo igitego cya kabiri cya Amavubi maze umukino uhengamira ku Rwanda.
Estonia iri imbere y’u Rwanda umwanya umwe ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA, yagerageje uburyo bwose ngo ibone igitego ariko biranga umukino urangira ari 2-0, Amavubi atwarira igikombe mu maso y’Umukuru w’Igihugu witabiriye uyu mukino.
Amavubi yasoje iyi mikino Mpuzamahanga yinjije ibitego bitandatu mu mikino ibiri, harimo bibiri bya Mickels Leroy Jacques wanahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa.
