By Team News
Nyuma yuko Akanama ku bujurire muri CAF ku wa 17 Werurwe 2026, gatangaje ko hisunzwe ingingo ya 82 n’iya 84 z’amategeko agenda Igikombe cya Afurika aho zivuga ku kwikura mu kibuga nk’uko Senegal yabikoze zikunganirwa n’iya 83 ivuga ku kubura ku kibuga kw’ikipe, byatumye ikipe ya Senegal yamburwa igikombe kigashyikirizwa Maroc.
Ingingo ya 82 ivuga ko iyo ikipe yikuye mu irushanwa cyangwa ntigaragare ku mukino cyangwa ikikura mu kibuga mbere y’uko umukino urangira itabiherewe uburenganzira n’umusifuzi iterwa mpaga ndetse igakurwa mu irushanwa yakinaga. Iyi ngingo yunganirwa n’iya 83 ivuga ko ikipe itagaragaye ku kibuga ku isaha yagenweho gutangira ku mukino bikarenga iminota 15 igomba guterwa mpaga umusifuzi akandika ko yabuze muri raporo ye, abategura irushanwa bakazafata icyemezo cya nyuma babigendeyeho.
Izi ngingo uko ari ebyiri, zikomatanyirizwa hamwe n’iya 84 ari nayo yashyizwe mu bikorwa, aho ivuga ko ikipe itubahirije iya 82 n’iya 83 ikurwa mu irushanwa, igaterwa mpaga y’ibitego 3-0 ari nabyo byakorewe Senegal kuko yavuye mu kibuga hagashira iminota 16.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru muri Senegal ryahise ritangaza ko rirajuririra umwanzuro wafashwe n’Akanama ku Bujurire ka CAF wo kuyambura Igikombe cya Afurika 2025 cyigahabwa Maroc.
Ibi iri shyirahamwe ryabivuze risubiza ku myanzuro yasohotse mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe 2026, ivuga ko Senegal itewe mpaga ku mukino wa nyuma yari yatsinzemo Maroc 1-0 inamburwa igikombe yatwaye aho yavuze ko igiye kujya mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (CAS) ikarenganurwa kuko ibyemezo byayifatiwe bitanyuze mu mucyo ahubwo bibogamiye kuri Maroc kuko batigeze banahabwa umwanya wo kumvwa nk’abaregwa.
Senagal ivuga ko mu ifatwa ry’umwanzuro wo kuyitera mpaga hahonyowe itegeko rya gatanu rya ruhago rivuga ko ibyemezo byafashwe n’umusifuzi mu mukino ari ntakuka, kandi ko abakinnyi ba Senegal bari bavuye mu kibuga, bakigarutsemo, penaliti bari banze igaterwa umukino nawo ugakomeza, kugeza iminota isanzwe irangiye hakanongerwaho 30 y’inyongera yarangiye batsinzwe umukino ukarangizwa n’umusifuzi bisanzwe.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru muri Senegal kandi ryavuze ko rizakomeza gutanga amakuru kuri iki kibazo aho benshi batunguwe n’umwanzuro wo kuyambura igikombe hisunzwe ingingo ya 84 y’amategeko agenga Igikombe cya Afurika yuzuzanya n’iya 82 ivuga ko ikipe yikuye mu kibuga itabiherewe uburenganzira n’umusifuzi iterwa mpaga.
