Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Ukwakira 2025, Nibwo Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri Côte d’Ivoire, yatangaje ko uwari usanzwe uyobora iki gihugu Alassane Dramane Ouattara, yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, akaba agiye kukiyobora muri manda ye ya kane ku myaka 83.
Mu bakandida bari bahanganye na Ouattara wabonye amajwi 89.77%, harimo uwahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi, Jean-Louis Billon, wahise yemera ko yatsinzwe amatora, akaba yabonye amajwi 3.09%, uyu yakurikiwe na Simone Gbagbo, wahoze ari umugore wa Laurent Gbagbo na we wayoboye Côte d’Ivoire, wagize amajwi 2.42%, nk’uko byatangajwe na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Ibrahime Coulibaly-Kuibiert.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko Simone Gbagbo yahise ahamagara Alassane Ouattara, amushimira kuba yatsinze amatora.
Ouattara yahoze ari umuyobozi wungirije w’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari (IMF), akaba yaragiye ku butegetsi bwa Côte d’Ivoire bwa mbere mu 2011, avuga ko muri iyi manda ya kane azakomeza kuzamura ubukungu bw’igihugu, ashishikariza abashoramari kugigana.
