Yanditswe na Dushimimana Elias
Komisiyo ya Uganda ishinzwe amatora yatangaje ko Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye barimo Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine wagize amajwi 24,72%.
Amatora ya Perezida wa Uganda yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026. Komisiyo y’amatora igaragaza ko mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora, 52,5% ari bo bayitabiriye.
James Nandala Mafabi wari uhagarariye ishyaka FDC ryashinzwe na Dr. Kizza Besigye, yagize ijwi 1,88%. Abandi bakandida bagize amajwi ari hagati ya 0,21% na 0,53%.
Iyi komisiyo yagaragaje ko habaruwe amajwi miliyoni 11.090.848 yakusanyijwe kuri site 50.739 zo hirya no hino mu gihugu. Ay’abatoye Museveni ni 7.946.772, aya Bobi Wine ni 2.741.238, mu gihe aya Mafabi ari 209.039.
Umukandida w’ishyaka rya Conservative Party, Elton Joseph Mabirizi, ni we wagize amajwi make. Yabonye 23.458 angana na 0,21% by’amajwi yose yabaruwe.
Mu gihe amajwi yatangazwaga, Bobi Wine we yavuze ko kuri uyu wa Gatandatu we n’umugore we bari mu bwihisho ahantu hatekanye nyuma yo guterwa n’abashinzwe umutekano ku wa 16 Mutarama bari bafite kajugujugu, bashaka kubafunga.
Uyu munyapolitiki yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora byatangazwaga na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Simon Mugenyi Byabakama, kuko ngo ntaho bihuriye n’ukuri kw’amahitamo y’abatoye.
Yagize ati “Twanze ibiri gutangazwa na Byabakama kubera ko ibyo byitwa umusaruro ari gutangaza ni ibihimbano, ntaho bihuriye na mba n’ibyabereye kuri site z’amatora.”
Bobi Wine yavuze ko abakozi benshi b’ishyaka rye, NUP, batawe muri yombi, internet irahagarikwa hagamijwe kwiba amajwi y’abandi bakandida. Yasabye Abanya-Uganda kwanga ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.
Amatora ya Perezida wa Uganda yahuriranye n’ay’abadepite. Mu gihe Komisiyo y’amatora yatangazaga ibyavuyemo, mu bice bitandukanye by’igihugu habaye imvururu zatewe n’abataranyurwaga na byo.
Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu 12 bapfiriye muri izi mvururu, abandi barakomereka. Harimo barindwi barasiwe mu Karere ka Mutambala mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama, bivugwa ko bari bashyigikiye umukandida ku mwanya w’abadepite, Muhammed Muwanga Kivumbi.
Barashwe bagerageza gushaka kwinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko ahabarurirwaga amajwi nkuko IGIHE kibitangaza.
Mu 2021, Museveni yagize amajwi 6.042.898 angana na 58,38% by’abatoye, Bobi Wine waje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 35,08%. Mu bakandida 11 bari bahatanye, uwa nyuma yagize 0,15%.
