Kuri uyu wa 13 Kanama 2025, Nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije urubanza ruregwamo aba ofisiye babiri n’abasivile 20 baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.
Abo bose igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.
Ni ibyaha bifitanye isano n’amafaranga y’ikipe ya APR yakoreshejwe nabi by’umwihariko mu ikipe ya APR FC bikavugwa ko amafaranga yanyerejwe ubwo mu mwaka ushize yajyaga mu gihugu cya Misiri gukina n’ikipe ya Pyramids FC mu irushanwa rya CAF Champions League.
Abaregwa bose rero uyu munsi nibwo bagombaga kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ni urubanza ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye ko rwashyirwa mu muhezo ndetse urukiko rubiha umugisha ngo hashingiwe ko ari urubanza rufitanye isano n’umutekano w’igihugu.
Abaregwa bagejejwe ku rukiko bambaye impuzankano irangwa infungwa za Gisirikare, Igisirikare cy’u Rwanda cyari cyatangaje ko haregwa aba ofisiye babiri gusa mu bagaragaye mu rukiko harimo n’aba ofisiye b’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa barimo n’umuvugizi w’uru rwego.
Bose bambaye impuzankano iranga imfungwa za gisirikare. Abasirikare bakurikiranywe muri uru rubanza ni batatu barimo Captain Penina Mutoni na Captain Penina Umurungi.
Hakurikiranywe CSP Hillary Sengabo usanzwe ari Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa.
Haregwa kandi abasivile 20 barimo abanyamakuru bakoraga ibiganiro bya Siporo nka Ndayishimiye Reagan uzwi nka ‘Rugaju’, Mucyo Antha Biganiro na Ishimwe Ricard.
Mu rubanza umwunganizi wa Capt Peninah Mutoni yavuze ko atiteguye kuburana kubera ko ikirego cy’Ubushinjacyaha uwo yunganira yakibonye Saa Mbiri z’ijoro naho we akakibona gitondo. Kuri ibi hakaniyongeraho uyu Capt Mutoni atwite ku buryo nta mbaraga afite, cyane ko ngo uyu munsi yagombaga kujya kwa Muganga. Yahise anabyemererwa ntiyaburana ahubwo yoherezwa kwa muganga.
Icyakora abandi baregwa muri uru rubanza bo bagaragaje ko kuba atiteguye kuburana bitatuma nabo bataburana, ibintu byanashyigikiwe n’ubushinjacyaha.
Nyuma y’uko ubushinjacyaha busabye ko urubanza rushyirwa mu muhezo bukanabyemererwa n’urukiko urubanza rwahise rukomereza mu muhezo.
Yanditswe na Dushimimana Elias
