{"id":2642,"date":"2026-04-02T09:08:15","date_gmt":"2026-04-02T09:08:15","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2642"},"modified":"2026-04-02T09:08:39","modified_gmt":"2026-04-02T09:08:39","slug":"umunyamakuru-dc-clement-nyuma-yo-kwisabira-gufungwa-bigakorwa-yanditse-ibaruwa-asaba-imbabazi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2642","title":{"rendered":"Umunyamakuru DC Clement nyuma yo kwisabira gufungwa bigakorwa yanditse ibaruwa asaba imbabazi"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Yanditswe na Dushimimana Elias<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p><strong><em>Umunyamakuru Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement mu biganiro bitandukanye, nyuma y\u2019amasaha make atawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026,<\/em><\/strong> <strong><em>yasabye imbabazi ahamya ko ibyo yakoze yabitewe n\u2019umujinya waje kumuviramo gukora ibyaha.<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Aganira n&#8217;Umunyamakuru wa BTN TV ubwo hari hari gusenywa inzu ye, Niyigaba yavuze ko yari afite ibyangombwa byo kubaka ishuri ariko akaba yaratunguwe no kubona urwego rw\u2019Akarere ka Gasabo rumusenyera rutanageze aho ikibazo cyabereye.<\/p>\n\n\n\n<p>Niyigaba yavuze ko yasabye akarere kwisenyera inzu yari ari kubaka kakabyanga bikarangira kohereje abo kuyisenya.<\/p>\n\n\n\n<p>DC Clement yakomeje avuga ko ibyakozwe bica umuntu intege kandi yakabaye asindagizwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvugizi w\u2019Umujyi wa Kigali Emma Claudine Ntirenganya yahise avuga ko icyangombwa cyasabwe cyari icyo gusana inkuta ebyiri ku nzu ishaje no gusimbuza amabati aho kuba guhindura imiterere y\u2019inyubako cyangwa kubaka inshya.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019uko inkuru y\u2019iyi nzu yasenywe ibaye ikimenyabose, Niyigaba Clement yatawe muri yombi akekwaho kurwanya ububasha bw\u2019amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni amakuru yahamijwe n&#8217;Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B Thiery, aho yatangarije umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu ko uyu mugabo yatawe muri yombi. Ati &#8220;Ni byo arafunzwe. Aracyekwaho kwangiza ikintu cy\u2019undi no kurwanya ububasha bw\u2019amategeko.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Ingingo ya 205 mu gitabo giteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ushishikariza abandi kwigomeka ku byo amategeko ateganya, aba akoze icyaha.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibihano bivugwa mu gika cya kabiri cy\u2019iyi ngingo, bikubwa kabiri iyo uko gushishikariza kwagize ingaruka mbi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ingingo ya 186 muri iki gitabo yo ivuga ko umuntu wese ku bw\u2019inabi, wangiza cyangwa wonona ikintu cy\u2019undi cyimukanwa cyangwa kitimukanwa, aba akoze icyaha.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019amezi abiri ariko kitageze ku mezi atandatu n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi y\u2019ibihumbi 300 ariko atarenze ibihumbi 500 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Yanditse ibaruwa asaba imbabazi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Ni ibaruwa IGIHE ivuga ko ifitiye kopi iyikuye ku munyamategeko wa DC Clement ndetse tubasangiza, aho uyu musore yanitandukanyije n\u2019abari kwifashisha ibyamubayeho mu nyungu zabo bwite.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri iyi baruwa, DC Clement yabanje guca bugufi asaba imbabazi ndetse yemera ko yakoze ibyaha nubwo yabitewe n\u2019umujinya.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cBanyarwanda, Banyarwandakazi mbandikiye nshaka kubamenyesha ko nciye bugufi nsaba imbabazi ku bw\u2019inyandiko, amashusho, amajwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, mu by\u2019ukuri twakoze ibinyuranyije n\u2019amategeko maze tugasenyerwa inzu, byaje kuvamo kugira umujinya utari ngombwa nkakora ibyaha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje asezeranya Abanyarwanda ko ahawe amahirwe agasubira mu buzima busanzwe atazongera kugwa mu byaha nk\u2019ibi ukundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cRero nsabye imbabazi ntakamba ko ibyabaye ari ubwa mbere n\u2019ubwa nyuma byari bibaye. Aho ndi meze neza, ibyo nemererwa n\u2019amategeko ndabihabwa kandi niteguye ko ningaruka nzaba urugero rwiza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>DC Clement yasoje ibaruwa ye amenyesha abakunzi be ko abakumbuye, ati \u201cAho ndi ndatekanye, ndarinzwe kandi ndabakumbuye.&#8221;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Dushimimana Elias Umunyamakuru Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement mu biganiro bitandukanye, nyuma y\u2019amasaha make atawe<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2643,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,31,7],"tags":[],"class_list":["post-2642","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-mu-rwanda","category-stories"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2642","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2642"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2642\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2644,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2642\/revisions\/2644"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/2643"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2642"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2642"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2642"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}