{"id":2358,"date":"2026-02-23T04:18:59","date_gmt":"2026-02-23T04:18:59","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2358"},"modified":"2026-02-23T07:40:13","modified_gmt":"2026-02-23T07:40:13","slug":"uwahoze-ari-umupolisi-mukuru-mu-gipolisi-cyu-rwanda-yagwiriwe-nurukuta-ahita-apfa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2358","title":{"rendered":"Uwahoze ari Umupolisi Mukuru mu Gipolisi cy&#8217;u Rwanda yagwiriwe n&#8217;urukuta ahita apfa"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Yanditswe na Dushimimana Elias<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p><strong><em>\u200eImvura nyinshi yaguye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, yateye inkangu yahitanye ubuzima bw\u2019uwahoze ari Umupolisi Mukuru wari mu kiruhuko cy\u2019izabukuru wari utuye mu Karere ka Gasabo<\/em><\/strong>.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru avuga ko nyakwigendera CSP (Rtd) Kamanzi Richard w\u2019imyaka 57 y\u2019amavuko, urukuta rufata ubutaka rwasenyukiye ku nzu ye iherereye mu Mudugudu wa Rindiro, mu Kagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, ahasiga ubuzima.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200eIbyo biza byabaye ahagana saa saba z\u2019amanywa nyuma y\u2019uko amazi yavaga mu rugo rw\u2019umuturanyi utuye haruguru ye yacengeraga icyo gikuta cyari cyubakanywe n\u2019urupangu, bikarangira kigwiriye inzu ye.<br>\u200e<br>\u200eBivugwa ko icyo gikuta cyahise kigwira icyumba CSP (Rtd) Kamanzi aryamye arimo kuruhuka.<br>\u200e<br>\u200e<br>\u200eUmuvugizi wa Polisi y&#8217;u Rwanda, mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yemereje itangazamakuru iby\u2019ibyo byago&nbsp; byatwaye ubuzima bwa CSP (Rtd) Kamanzi.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200eYagize ati: \u201cDufashe mu mugongo umuryango we ku bwo kubura umuntu. Icy\u2019ibanze twahereyeho ni ukubashakira icumbi kubera ko inzu babagamo yasenyutse.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYasabye abaturage kujya bigengesera mu bihe by\u2019imvura, anabasaba kujya bafata cyangwa bayobora neza amazi yo mu ngo zabo mu gukumira ibyago bishobora guterwa n\u2019imvura y\u2019impangukano.<br>\u200e<br>\u200eCIP Gahonzire yakebuye kandi abagenda mu mvura, abugama munsi y\u2019ibiti cyangwa abafunga imiyoboro y\u2019amazi, asaba n\u2019ababyeyi kujya bagenzura abana babo by\u2019umwihariko mu bihe by\u2019imvura nkuko Umuseke ubitangaza dukesha iyi nkuru.<br>\u200e<br>\u200eUmurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw&#8217;Ibitaro Bikuru bya Gisirikare, mu gihe umuryango wo urimo gutegurirwa kwimurwa aho hantu.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugeza ubu CSP (Rtd) Kamanzi Richard yari umwe mu Bayobozi bakuru muri Kompanyi y&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro, Trinity Metals ikorera mu Karere ka Rulindo n&#8217;Akarere ka Rwamagana mu mirenge ya Musha, Munyiginya na Mwulire. Iyi kompanyi yaje kuhakorera isimbuye iyitwa PIRAN Rwanda ltd.<\/p>\n\n\n\n<p>Nyakwigendera Imana imuhe iruhuko ridashira!<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"639\" height=\"705\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/Screenshot_20260223-093551.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2367\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/Screenshot_20260223-093551.jpg 639w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/Screenshot_20260223-093551-272x300.jpg 272w\" sizes=\"auto, (max-width: 639px) 100vw, 639px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"812\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/1714997804727.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2369\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/1714997804727.jpeg 800w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/1714997804727-296x300.jpeg 296w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/1714997804727-768x780.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Dushimimana Elias \u200eImvura nyinshi yaguye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, yateye inkangu yahitanye<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2361,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,31,34],"tags":[],"class_list":["post-2358","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-mu-rwanda","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2358","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2358"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2358\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2370,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2358\/revisions\/2370"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/2361"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2358"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2358"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2358"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}