{"id":2348,"date":"2026-02-17T15:25:13","date_gmt":"2026-02-17T15:25:13","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2348"},"modified":"2026-02-17T15:32:39","modified_gmt":"2026-02-17T15:32:39","slug":"ni-ryari-umuntu-yemererwa-gutunga-ibendera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2348","title":{"rendered":"Ni ryari umuntu yemererwa gutunga ibendera?"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Yanditswe na Dushimimana<em> <\/em>Elias<\/strong><br><strong><em>\u200e<br>\u200eIbendera ry\u2019u Rwanda ni kimwe mu birango bikomeye byubahwa, ndetse bishyirwa ku nyubako z\u2019ubutegetsi yaba iza Leta n&#8217;iz&#8217;abikorera<\/em><\/strong>.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200eIbendera ry\u2019Igihugu rigizwe n\u2019amabara atatu ari yo icyatsi kibisi, umuhondo n\u2019ubururu.<br>\u200e<br><strong>\u200eIcyatsi kibisi<\/strong> gisobanura icyizere cy\u2019uburumbuke hakoreshejwe neza imbaraga z\u2019Abanyarwanda n\u2019ibiri mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Umuhondo<\/strong> usobanura ubukungu. Abanyarwanda bagomba guhagurukira umurimo kugira ngo bagere ku bukungu burambye.<br>\u200e<strong><br>\u200eUbururu busobanura umunezero n\u2019amahoro<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p> Abanyarwanda bagomba guharanira amahoro azabageza ku bukungu burambye n\u2019umunezero. Izuba n\u2019imirasire by\u2019umuhondo wa zahabu bisobanura urumuri rugenda rwiyongera rumurikira bose. Byerekana ubumwe, gukorera mu mucyo no kurwanya ubujiji.<br>\u200e<br>\u200eItegeko rigena imiterere, ibisobanuro, imikoreshereze n\u2019iyubahirizwa by\u2019ibendera ry\u2019igihugu rikorwa mu mwenda wa poliyesiteri ijana ku ijana (100%). Indodo z\u2019uruteranyirizo rw\u2019amabara arigize ntizigaragazwa.<br>\u200e<br>\u200eWitegereje mu biro by\u2019inzego za Leta, abikorera cyangwa bamwe mu Banyarwanda bajya mu mahanga usanga bafite Ibendera ry\u2019Igihugu, bamwe bayahawe igihe bagiye mu butumwa boherejwe n\u2019igihugu na ho abandi barayiguriye kugira ngo aho bari hose bamenyekanishe u Rwanda.<br>\u200e<br>\u200eUbutumwa Minisiteri y\u2019Ubutegetsi bw\u2019Igihugu yashyize kuri X ku wa 5 Nzeri 2025, bugaragaza ko umuntu ashobora kugura Ibendera ry\u2019Igihugu anyuze ku rubuga \u2018Irembo\u2019.<br>\u200e<br>\u200eUkimara gufungura Irembo.gov.rw uhita umanuka ukagera ahanditse itangazamakuru n\u2019imibereho myiza y\u2019abaturage, hanyuma ukinjira ahanditse gusaba no kwishyura Ibendera ry\u2019lgihugu ukuzuza ibisabwa.<br>\u200e<br>\u200eSisitemu igusaba kuzuza imyirondoro no guhitamo ingano y\u2019ibendera wifuza kugura. Ibiciro byaryo bigenda bihinduka.<br>\u200e<br>\u200eNk\u2019urugero ibendera rito rishyirwa ku meza ubona ko rigurwa 15000 Frw, ibendera rikozwe nk\u2019umudali rigura 3000 Frw, Ikirango gisanzwe cya Repubulika y\u2019u Rwanda kigura 25000 Frw.<br>\u200e<br>\u200eIbendera rinini rigenewe kuzamurwa imbere y\u2019inzu z\u2019ubutegetsi n\u2019ahandi rikenewe. Iri bendera rifite ingero za santimetero ijana na mirongo icyenda n\u2019eshanu (cm 195) z\u2019uburebure na santimetero ijana na mirongo itatu (cm 130) z\u2019ubugari rifite umugozi w\u2019umuhondo rigura ibihumbi 45 Frw mu gihe ibendera nk\u2019iri ridafite umugozi w\u2019umuhondo ari ibihumbi 30 Frw.<br>\u200e<br>\u200eIngingo ya karindwi y\u2019iri tegeko ivuga ko \u201cNta muntu ku giti cye wemerewe gutunga ibendera ry\u2019Igihugu. Icyakora umuntu yemerewe gutunga no gukoresha amabara afatanye, ku buryo bushushanya ibendera ry\u2019Igihugu.\u201d<br>\u200e<br>\u200eIbendera rinini ry\u2019Igihugu rizamurwa imbere y\u2019inzu z\u2019ubutegetsi, n\u2019ahantu hagenwe gukorerwa imihango y\u2019Igihugu n\u2019inzego zibifitiye ububasha cyangwa ahandi hateganywa n\u2019amategeko. Icyakora iyo imihango irangiye, ibendera ry\u2019Igihugu rirururutswa nkuko IGIHE dukesha iyi nkuru ibitangaza.<br>\u200e<br>\u200eIbendera rinini ry\u2019Igihugu rishobora kandi kuzamurwa aho ibigo by\u2019abikorera bikorera n\u2019aho amashyirahamwe yemewe na Leta akorera, babisabiye uburenganzira Minisitiri ufite uburinzi bw\u2019ibendera ry\u2019Igihugu mu nshingano ze.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"600\" height=\"400\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/drapeau_national-e6440.png\" alt=\"\" class=\"wp-image-2350\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/drapeau_national-e6440.png 600w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/drapeau_national-e6440-300x200.png 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 600px) 100vw, 600px\" \/><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Dushimimana Elias\u200e\u200eIbendera ry\u2019u Rwanda ni kimwe mu birango bikomeye byubahwa, ndetse bishyirwa ku nyubako z\u2019ubutegetsi yaba<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2349,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34],"tags":[],"class_list":["post-2348","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2348","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2348"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2348\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2353,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2348\/revisions\/2353"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/2349"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2348"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2348"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2348"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}