{"id":2329,"date":"2026-02-12T04:48:13","date_gmt":"2026-02-12T04:48:13","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2329"},"modified":"2026-02-12T04:50:57","modified_gmt":"2026-02-12T04:50:57","slug":"ishyamba-si-ryeru-hagati-yabanyamakuru-bafatwa-nkibifi-binini-mu-biganiro-byimikino","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2329","title":{"rendered":"\u200e\u200eIshyamba si ryeru hagati y&#8217;ibifi binini bikora ibiganiro bya siporo mu Rwanda"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Yanditswe na Dushimimana Elias<\/strong><br>\u200e<strong><em><br>\u200eHari abatangiye kwibaza inkomoko n&#8217;impamvu y&#8217;intambara y\u2019amagambo hagati y\u2019abanyamakuru bakora inkuru n\u2019ibiganiro by\u2019imikino kuri SK FM n\u2019aba Isibo TV&amp;Radio, aho bumvikana bashinjanya kwica siporo y\u2019u Rwanda no kugira ubunyamwuga buke<\/em><\/strong>.<br>\u200e<br>\u200eMu minsi mike abo banyamakuru batangiye gucyocyorana hagati y\u2019impande zombi biturutse ahanini ku kiganiro cyakozwe na Ndayisaba Leonidas, wavuze ko Rayon Sports ishobora kuba igiye guha akazi abanyamakuru ba SK FM.<br>\u200e<br>\u200eYagize ati \u201cPerezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, agiye kwirukana Ngabo Roben ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yimike Karenzi cyangwa Lorenzo.\u201d<br>\u200e<br>\u200eMu kiganiro cy\u2019imikino cyatambutse kuri SK FM tariki ya 9 Mutarama 2026, abanyamakuru baganiriye ku byavuzwe n\u2019uyu munyamakuru, bagaragaza ko habayemo kurengera.<br>\u200e<br>\u200eSam Karenzi yavuze ko abanyamakuru ba Isibo TV&amp;Radio baciriritse kandi bahembwa intica ntikize, ndetse nta bushobozi Rayon Sports ifite bwo kuba yaha akazi umunyamakuru wa SK FM nkuko ikinyamakuru IGIHE cyabyanditse.<br>\u200e<br>\u200eAti &#8220;Ariko ibyo bitabapfu na byo mugiye kujya mubizana hano ngo tubivugeho? Mwagiye muha agaciro ibikwiriye kuba bihabwa agaciro? Uko inkende yurira igiti ni ko irushaho kugaragaza ubwambure bwayo.\u201d<br>\u200e<br>\u200e\u201cHari ibintu ubwabyo udakeneye gusobanura cyangwa gusubiza, ubwabyo ubyumva ahita yumva ko yataye umutwe. Lorenzo amafaranga ahembwa hano nta n\u2019ubwo yegereye ayo Rayon Sports ishobora guhemba Ngabo, si no kungana, ahubwo ntiyegereye.\u201d<br>\u200e<br>\u200eKarenzi yagaragaje ko Ndayisaba yigeze kumusaba akazi, arakamwima, ahamya ko Isibo TV&amp;Radio imuhemba angana n\u2019ayo SK FM ihemba abana bakizamuka.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cNjyewe ubivuga yansabye akazi, sinakamuhaye. Ubivuga umushahara abona aho akora, hano ufata abakiri bato b\u2019abatangizi, abana bakizamuka. Warangiza ukumva ko ndwanira akazi, ko kujya gukora iki se?\u201d<br>\u200e<br>\u200eMusangamfura yanze kuripfana, avuga ko Ndayisaba Leonidas ari \u201cingayi\u201d, kuko asebya abanyamakuru bamufasha ku kibuga, ashingiye ku kuba afite ubumuga bwo kutabona.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cUriya musaza [L\u00e9onidas] sindamukomozaho ikintu na kimwe [&#8230;], tuba tumukurura tumwereka aho yicara, tukamubera beza. Ni gute ahobora gufata amezi atatu atuka abantu kuri YouTube? Ni wo murongo mu mezi nk\u2019atanu ashize. Ubutaha muri stade aziterura yizamukane.\u201d<br>\u200e<br>\u200eKarenzi yongeyeho ko abanyamakuru nka Ndayisaba bahawe akazi ko kumwita &#8220;igisambo&#8221; no kumushinja gusenya Rayon Sports, ariko ko nibakomeza atababyihanganira, ahamya ko afite &#8220;ubushobozi bwo guhamagara nyiri radio [Isibo TV&amp;Radio] ntibarareyo&#8221;, ati &#8220;Ndarahiye nabikora.\u201d<br>\u200e<br>\u200eAya magambo yababaje abanyamakuru b\u2019imikino kuri Isibo TV&amp;Radio barimo Mugenzi Faustin \u2019Faustinho\u2019, Nkusi Dennis \u2018Mutangazaji\u2019 na Ndayisaba L\u00e9onidas, bagaragaza akababaro kabo mu kiganiro cyabaye kuri uyu 10 Gashyantare 2025.<br>\u200e<br>\u200eMugenzi Faustin yasubije Karenzi ko niba afite ubushobozi bwo kwirukanisha abanyamakuru ba Isibo TV&amp;Radio, yabikora, amumenyesha ko gahunda bafite yo kugaragaza abasenye siporo y\u2019u Rwanda izakomeza. Ati &#8220;Uwavuze ko twazinduka tutari kuri izi micro, bigerageze cyangwa se bikore.\u201d<br>\u200e<br>\u200eNdayisaba yifashishije shene ye ya YouTube, yerekana ko \u201citerabwoba no gusebanya ari iturufu yifashishwa na radiyo ya Sam Karenzi mu gusenya umupira w\u2019amaguru.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYavuze kandi ko amagambo yumvise ari \u201cyo magambo aciriritse numvise mu buzima bwanjye kuva natangira itangazamakuru.\u201d<br>\u200e<br>\u200eUyu munyamakuru yakomeje ati \u201cIbindi byose wabivuga ariko kuvuga ko wakwirukanisha umuntu ku murimo, muvandimwe wanjye n\u2019imyaka tumaze dukora, tutagukorera nawe urwana n\u2019ubuzima, amaradiyo n\u2019indi mirimo umuntu yakoze atari wowe wabigizemo uruhare, ahubwo mwaranahanganiraga ku murimo, si byo.\u201d<br>\u200e<br>\u200eNkusi Denis we yatangaje ko abanyamakuru ba SK FM &#8220;bakora bayura\u201d.<br>\u200e<br>\u200eAba banyamakuru ba Isibo TV&amp;Radio bavuze ko guhemba amafaranga menshi umuntu ukora amasaha menshi, ntaho bihuriye no guhemba make utaha kare, kandi ngo ntibateze guhagarara ngo bamere &#8220;nk\u2019abayobozi b\u2019amakipe bazengerejwe\u201d n\u2019abanyamakuru ba SK FM.<br>\u200e<br>\u200eIyi ntambara y&#8217;amagambo hagati y&#8217;abanyamakuru bafatwa nk&#8217;ibifi binini mu nkuru n&#8217;ibiganiro by&#8217;imikino bakorera mu Rwanda, irafasha kandi irigisha iki barumuna babo? Ese kuko bikorwa n&#8217;abanyamakuru babyize Kandi kinyamwuga?<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"600\" height=\"338\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/jjs-b3e96.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2330\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/jjs-b3e96.jpg 600w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2026\/02\/jjs-b3e96-300x169.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 600px) 100vw, 600px\" \/><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Dushimimana Elias\u200e\u200eHari abatangiye kwibaza inkomoko n&#8217;impamvu y&#8217;intambara y\u2019amagambo hagati y\u2019abanyamakuru bakora inkuru n\u2019ibiganiro by\u2019imikino kuri SK<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2330,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,36,6],"tags":[],"class_list":["post-2329","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-siporo","category-sports"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2329","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2329"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2329\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2333,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2329\/revisions\/2333"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/2330"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2329"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2329"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2329"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}