{"id":2322,"date":"2026-02-04T07:02:54","date_gmt":"2026-02-04T07:02:54","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2322"},"modified":"2026-02-04T07:02:55","modified_gmt":"2026-02-04T07:02:55","slug":"drc-afc-m23-yagabye-igitero-i-kisangani","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=2322","title":{"rendered":"\u200eDRC: AFC\/M23 yagabye igitero i Kisangani"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>\u200eKu wa 3 Gashyantare 2025, Nibwo Ihuriro AFC\/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ryagabye igitero cya drones ku kibuga cy\u2019indege cya Bangoka, i Kisangani mu Ntara ya Tshopo mu ijoro ryo ku wa 31 Mutarama rishyira uwa 1 Gashyantare 2026.<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>\u200eNi ubutumwa Umuvugizi wa AFC\/M23, Lawrence Kanyuka yashyize ahagaragara, aho yasobanuye ko iki gitero cyari kigamije gusenya ahantu hategurirwa ibitero bya drones kuri iki kibuga cy\u2019indege, bigabwa mu bice bitandukanye bya Kivu y\u2019Amajyaruguru na Kivu y\u2019Amajyepfo.<br>\u200e<br>\u200eKanyuka yasobanuye ko AFC\/M23 itazarebera mu gihe ingabo za Leta ya RDC zizaba zikomeje kwibasira abasivili, kandi ko ahantu hose zikorera ibyaha, izahazisanga kugira ngo isenyere \u201cikibi aho gituruka.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYagize ati \u201cAFC\/M23 irahamagarira ubutegetsi bwa Kinshasa gufata umwanzuro udasubirwaho hagati y\u2019amahoro n\u2019intambara. Niramuka ihisemo amahoro, igomba kubahiriza agahenge. Nihitamo intambara, izaryozwa ibyo izakora byose n\u2019ingaruka zose zishobora gukurikiraho.\u201d<br>\u200e<br>\u200eIri huriro ryatangaje ko Leta ya RDC idakwiye kwegeka iki gitero ku bandi kuko ari ryo ryagabye iki gitero muri Kisangani, kandi ko mu gihe yibaza ku nkomoko y\u2019ibikoresho byifashishwa muri uru rugamba, ikwiye kwibuka ko ku kibuga cy\u2019indege cya Goma na Kavumu hafatiwe byinshi.<\/p>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u200eKu wa 3 Gashyantare 2025, Nibwo Ihuriro AFC\/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":2323,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34,1],"tags":[],"class_list":["post-2322","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze","category-uncategorized"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2322","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2322"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2322\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2324,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2322\/revisions\/2324"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/2323"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2322"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2322"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2322"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}