{"id":1885,"date":"2025-10-21T15:15:20","date_gmt":"2025-10-21T15:15:20","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1885"},"modified":"2025-10-21T15:16:04","modified_gmt":"2025-10-21T15:16:04","slug":"ntabwo-twakwitega-ko-abandi-bazafata-inshingano-zumutekano-wa-afurika-perezida-kagame","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1885","title":{"rendered":"\u200eNtabwo twakwitega ko abandi bazafata inshingano z\u2019umutekano wa Afurika-Perezida Kagame"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga y\u2019Abagaba b\u2019ingabo zirwanira ku butaka yabereye mu Rwanda, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2025, Perezida w\u2019u Rwanda akaba n\u2019Umugaba w\u2019Ikirenga w\u2019Ingabo z\u2019u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko ibihugu bya Afurika bidakwiye kugira uwo biharira inshingano zo gukemura ibibazo by\u2019umutekano wabyo.<\/em><\/strong><br>\u200e<br>\u200ePerezida Kagame yashimye abitabiriye iyi nama baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika n\u2019ahandi hanyuranye, yemeza ko muri iki gihe ibibazo by\u2019amakimbirane bikomeje kwiyongera ariko ko ingabo zikwiye gufata iya mbere mu gushaka ibisubizo.<br>\u200e<br>\u200eYashimangiye ko Afurika idakwiye gutegereza ko hari uwo yaharira inshingano zo gukemura ibibazo by\u2019umutekano wayo kandi ifite ubushobozi bwo kubikemura.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cAfurika iracyagaragaramo intambara nyinshi kurusha ahandi hose ku isi. Kugira ngo ibi bikemuke bisaba ubufatanye bukomeye ku mugabane ndetse n\u2019imikorere ihuriweho.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYakomeje ati \u201cNtabwo twakwitega ko abandi bazafata inshingano z\u2019umutekano wa Afurika. Nta mbogamizi n\u2019imwe duhura nayo tudafitiye ubushobozi bwo gukemura. Tuzareba ibishoboka. Ingabo zacu ziteguye gukorana binyuze mu miryango y\u2019uturere n\u2019Umugabane muri rusange.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYasabye aba bagaba b\u2019ingabo bateraniye i Kigali kuzasangira ubunararibonye mu gihe cy\u2019iminsi ibiri iyi nama izamara, no kurebera hamwe icyakorwa mu guhangana n\u2019ibibazo bihungabanya umutekano muri iki gihe.<br>\u200e<br>\u200eYashimangiye ko ingabo zirwanira ku butaka zikwiye kugira uruhare runini mu guhangana n\u2019ibibazo birebana n\u2019umutekano.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cMuri ibi bihe bikomeye, ingabo zirwanira ku butaka ni ingenzi cyane. Ni zo za mbere zoherezwa ku rugamba, kandi ni zo za nyuma ziruvaho. Ubwitonzi n\u2019ubuhanga byanyu ni byo bitandukanya intsinzi n\u2019intsindwa.\u201d<br>\u200e<br>\u200eUmukuru w\u2019Igihugu kandi yibukije ko muri iki gihe, hari intambara nshya ziri kuboneka, aho ubukungu n\u2019umutekano bishingiye ku mbuga za internet zambukiranya imipaka, ibitero by\u2019ikoranabuhanga (cyberattacks) n\u2019amakuru y\u2019ibinyoma ashobora guhungabanya igihugu kimwe n\u2019uko intambara yabikora Nkuko IGIHE kibitangaza dukesha iyi nkuru.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cUburyo bushobora guhinduka, ariko ihame rihoraho: imbaraga zacu ziri mu bufatanye bukomeye. Uyu munsi, ubwigenge ntibureberwa gusa mu mipaka, ahubwo no mu bushobozi bwo guhitamo abo dukorana nabo hashingiwe ku nyungu zacu.\u201d<br>\u200e<br>\u200eYakomeje kandi yerekana ko ubufatanye hagati y\u2019ingabo n\u2019abasivile ari ingenzi cyane ko ingabo zirwanira ku butaka zikorana bya hafi n\u2019abaturage, kandi buri gikorwa cyazo kigomba kuba kigamije umutekano n\u2019imibereho yabo.<br>\u200e<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cImyitwarire n\u2019ubunyamwuga mwerekana ni byo bituma abaturage babona cyangwa batabona icyizere mu gisirikare cyabo.\u201d<br>\u200e<br>\u200eUmugaba w\u2019Ingabo zirwanira ku Butaka mu Ngabo z\u2019u Rwanda, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yashimiye ibihugu byitabiriye iyi nama, ashimangira ko kuba yabereye mu Rwanda bishimangira umuhate w\u2019u Rwanda mu guharanira imikoranire n\u2019ubufatanye mu bya gisirikare.<br>\u200e<br>\u200eUmugaba w\u2019Ingabo z\u2019u Bufaransa zirwanira ku butaka, Gen Pierre Schill, uri i Kigali yashimangiye ko ubufatanye bw\u2019ingabo ari ingenzi kandi ko ari bwo buzazana impinduka nziza.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cIbi ni byo bisobanuro by\u2019ibyo duhuriyeho hano. Ni ubushake bwo gukomeza gukaza imbaraga zacu nk\u2019abafatanyabikorwa, gukorana neza kurushaho, no kubaka umutekano rusange ushingiye ku kumvikana no kubahana. Ibyo ni byo bizatugeza ku ntsinzi y\u2019ejo hazaza.\u201d<br>\u200e<br>\u200eGen Pierre Schill yashimye ubuyobozi bw\u2019u Rwanda bwemeye kwakira iyi nama n\u2019uburyo bwayiteguye neza.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cMu gutegura no kwakira iki gikorwa ku nshuro ya kabiri, u Rwanda rugaragaza neza iyo myemerere. Intego ni uguhindura iri huriro urubuga rwo kuganira, gusangira ubunararibonye no kungurana ibitekerezo ku ruhare rw\u2019ingabo zirwanira ku butaka mu miyoborere y\u2019umutekano w\u2019Isi.\u201d<br>\u200e<br>\u200eIyi nama izarangira ku wa 22 Ukwakira 2025, biteganyijwe ko abayitabiriye bazasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bagasobanurirwa amateka y\u2019u Rwanda yarugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n\u2019uko yahagaritswe.<br>\u200e<br>\u200eKu nshuro ya mbere iyi nama&nbsp; yari yabereye mu Bufaransa mu 2024, ihuza abagaba b\u2019ingabo zirwanira ku butaka.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"622\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/20251021_171302-1024x622.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1888\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/20251021_171302-1024x622.jpg 1024w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/20251021_171302-300x182.jpg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/20251021_171302-768x467.jpg 768w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/20251021_171302.jpg 1280w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga y\u2019Abagaba b\u2019ingabo zirwanira ku butaka yabereye mu Rwanda, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2025,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1886,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34],"tags":[],"class_list":["post-1885","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1885","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1885"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1885\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1889,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1885\/revisions\/1889"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1886"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1885"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1885"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1885"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}