{"id":1860,"date":"2025-10-13T15:57:54","date_gmt":"2025-10-13T15:57:54","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1860"},"modified":"2025-10-13T16:09:59","modified_gmt":"2025-10-13T16:09:59","slug":"nimwirinda-ibiyobyabwenge-iraha-nubunebwe-muzatera-imbere-munyakazi-sadate","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1860","title":{"rendered":"\u200eNimwirinda ibiyobyabwenge, iraha n&#8217;ubunebwe muzatera imbere-Munyakazi Sadate\u200e"},"content":{"rendered":"\n<p><strong>Yanditswe na Dushimimana Elias<\/strong> <\/p>\n\n\n\n<p><strong><em>Sadate Munyakazi Uwahoze ari Perezida w&#8217;ikipe ya Rayon Sports, usanzwe ari rwiyemezamirimo akaba n\u2019umushoramari, yasabye urubyiruko rw\u2019u Rwanda kugira amahitamo meza ruhereye ku mahirwe Igihugu gitanga maze rugaharanira kuba abakire rugafasha imiryango rukomokamo mu mibereho myiza no kucyitura rugiteza imbere muri rusange<\/em><\/strong>.<br>\u200e<br>\u200eNi ubutumwa yatangiye mu Nteko Rusange y\u2019Urugaga rw\u2019Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku wa 12 Ukwakira 2025.<br>\u200e<br>\u200eMu kiganiro Munyakazi yagejeje ku baturage biganjemo urubyiruko, yagarutse ku nzira y\u2019ibizazane yanyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ubwo yasigaraga ari impfubyi abenshi mu bagize umuryango we bamaze kwicwa.<br>\u200e<br>\u200eUyu mushoramari uzwiho inama zubaka, yavuze ko nyuma y\u2019aho Inkotanyi ziyihagarikiye, mu bihe bikomeye nk\u2019ibyo yakoze, cyari ikimenyetso cy\u2019uko izuba rigiye kongera kumwakira no ku Banyarwanda muri rusange.<br>\u200e<br>\u200eYagize ati \u201cNaje kwicara ndavuga nti ngomba kubaho, kandi nkabaho neza. Ni amahitaho yanjye, si amahitamo y\u2019uwo ari we wese.\u201d<br>\u200e<br>\u200eUretse amahitamo meza ye, uyu mugabo avuga ko yabayeho afite intego yo kuzaba umukire wo ku rwego rwo hejuru. Urubyiruko rwaganirizwaga na Munyakazi, rwagaragaje ko rufite inyota yo kumenya inzira rwacamo kugira ngo ruzagere nk\u2019aho ageze.<br>\u200e<br>\u200e<br>\u200eYabasabye kwirinda ingeso nyinshi zabase urubyiruko n\u2019abantu muri rusange zirimo ubusinzi, ibiyobyabwenge, iraha, ubunebwe n\u2019ibindi, kuko zitabangikanywa n\u2019ubukire.<br>\u200e<br>\u200eImyumvire nk\u2019iyo, ni byo byabaye intangiriro yo kugera ku mibereho myiza kandi nta mahirwe n\u2019uburyo bifatika byari bihari byo guheraho.<br>\u200e<br>\u200eSadate yakomeje abwira uru rubyiruko ko kugera ku bukire bidasaba guhera kuri byinshi, kuko na we yahereye kuri bike muri ibyo bihe byari bikomeye kandi ubu akaba ari umwe mu batanga akazi.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cMuri ubwo bushobozi buke, twarakotanye, twanga guhemuka, twanga guhitamo nabi. Uyu munsi nitwa Munyakazi Sadate, inshuti y\u2019urubyiruko, agasore kirwanyeho, ngera n\u2019aho nyobora ya kipe mwavugaga mukanya [Rayon Sports FC].\u201d<br>\u200e<br>\u200eYakomeje avuga ati \u201cNjye nkunda kuba umukire, namwe mukunde ubukire. Mukunde amafaranga ariko ntimuyabone mu nzira mbi. Muzabe abakirigitafaranga.\u201d<br>\u200e<br>\u200eN\u2019ubwo kuri ubu urubyiruko rufite amahirwe menshi Igihugu gitanga bijyanye n\u2019icyerekezo cyihaye, rwagakwiye kuba aba mbere mu kwakira ayo mahirwe atarigeze abonwa n\u2019abo mu bihe byabanje mbere ya FPR-Inkotanyi.<br>\u200e<br>\u200eAha ni ho Sadate yahereye agaragaza imbogamizi zikomeye zikizitiye iterambere ry\u2019urubyiruko.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cUrubyiruko murashaka gutandukira mukajya mu bitabafitiye akamaro, mukumva ko ibintu byose byatunganye. Imbogamizi ya Kabiri, ni imyumvire y\u2019uko ugomba kuza gukorera Leta aho kwikorera.\u201d<br>\u200e<br>\u200eAha ni ho yahereye abagire inama yo kubyaza umusaruro umwanya Igihugu cyabahaye ndetse n\u2019amahirwe bahawe n\u2019Umukuru w\u2019Igihugu, Paul Kagame.<br>\u200e<br>\u200eAti \u201cIcyo nababwira, ni uko mukoresha umwanya wanyu mu kubyaza umusaruro amahirwe Igihugu kiri kubereka. Niba bakubwiye bati hari miliyoni enye ziri hariya, va hano ukoreshe ubwenge bwawe ureba icyo wakora kugira ngo izo miliyoni zikugereho.\u201d<br>\u200e<br>\u200eMunyakazi kandi yakomeje avuga ko mu gukora nta kwirara ngo abantu bumve ko bageze iyo bajya nkuko UMUSEKE ubitangaza dukesha iyi nkuru.<br>\u200e<br>\u200eUyu mugabo ugira inama urubyiruko, afite ibikorwa bitandukanye birimo na Sosiyete y\u2019Ubwubatsi ya Karame Rwanda Ltd yubaka inzu n\u2019imihanda, ikanarwanya Ibiza, ikabungabunga za ruhurura.<br>\u200e<br>\u200eAsanzwe ari n\u2019Umuyobozi w\u2019Ihuriro ry\u2019Abakora Imirimo y\u2019Ubwubatsi (ICAR). Ni inshingano yahawe kuva mu Ugushyingo mu mwaka wa 2024.<br>\u200e<br>\u200eUretse kugira inama urubyiruko, Sadate ni umugabo uri mu bavuga rikumvikana bitewe n\u2019ibikorwa bitandukanye akora bifite aho bihuriye n\u2019Iterambere ry\u2019Igihugu. Ni umwe mu bakurikirwa n\u2019abantu benshi kuri X bitewe n\u2019ibitekerezo anyuzaho.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"800\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-abaganiriza-4-1.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1863\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-abaganiriza-4-1.jpeg 1000w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-abaganiriza-4-1-300x240.jpeg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-abaganiriza-4-1-768x614.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"1000\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-2.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1865\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-2.jpeg 1000w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-2-300x300.jpeg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-2-150x150.jpeg 150w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Sadate-2-768x768.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"709\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Cake-yakaswe.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1866\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Cake-yakaswe.jpeg 1000w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Cake-yakaswe-300x213.jpeg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Cake-yakaswe-768x545.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"800\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Urubyiruko.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1867\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Urubyiruko.jpeg 1000w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Urubyiruko-300x240.jpeg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Urubyiruko-768x614.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"653\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Ari-kumwe-nabayobozi-3.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1868\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Ari-kumwe-nabayobozi-3.jpeg 1000w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Ari-kumwe-nabayobozi-3-300x196.jpeg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/Ari-kumwe-nabayobozi-3-768x502.jpeg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>INKURUZACU.RW<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Dushimimana Elias Sadate Munyakazi Uwahoze ari Perezida w&#8217;ikipe ya Rayon Sports, usanzwe ari rwiyemezamirimo akaba n\u2019umushoramari,<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1861,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34],"tags":[],"class_list":["post-1860","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1860","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1860"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1860\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1869,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1860\/revisions\/1869"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1861"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1860"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1860"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1860"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}