{"id":1798,"date":"2025-10-03T14:48:51","date_gmt":"2025-10-03T14:48:51","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1798"},"modified":"2025-10-03T15:02:44","modified_gmt":"2025-10-03T15:02:44","slug":"perezida-kagame-yasabye-abofisiye-bashya-gukomeza-kurangwa-numutima-wo-kurinda-igihugu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1798","title":{"rendered":"Perezida Kagame yasabye abofisiye bashya gukomeza kurangwa n\u2019umutima wo kurinda igihugu"},"content":{"rendered":"\n<p><em><strong>Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Ukwakira 2025, Nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y&#8217;u Rwanda, Paul Kagame akaba n\u2019Umugaba w\u2019Ikirenga w\u2019Ingabo z\u2019u Rwanda, yasabye abofisiye bashya gukomeza kurangwa n\u2019umutima wo kurinda igihugu, ndetse abagaragariza ko ahazaza h\u2019u Rwanda hari mu biganza byabo.<\/strong><\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Ni ubutumwa yagarutseho ubwo yatangaga ipeti rya Sous-Lieutenant ku basirikare 1029 bashya mu Ngabo z\u2019u Rwanda, barimo abakobwa 117, aho Umukuru w&#8217;Igihugu yavuze ko inshingano zitegereje abo basirikare ari ukurinda igihugu kuko u Rwanda rwifuza amahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cTurifuza ko mwarinda u Rwanda n\u2019abarutuye. Abanyarwanda ni miliyoni zirenga 14 ubu ariko n\u2019iyo baba miliyoni imwe, ebyiri, cyangwa eshatu, inshingano mufite ni ukugira ngo igihugu kigire umutekano uhagije, kibe kitavogerwa n\u2019abatagikunda n\u2019abatagishaka. Turashaka amahoro. U Rwanda rukeneye amahoro.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje agaragaza ko abasirikare binjiye mu ngabo bagomba gufata iya mbere bakajyana n\u2019igihe aho kugira ngo igihe kibajyanye, kandi bagahora baharanira kongera ubumenyi.<\/p>\n\n\n\n<p>Yanagaragaje kandi ko nta n\u2019umwe ukwiriye kumva ko u Rwanda rwageze aho rushaka kugana, ahubwo ko inzira ikiri ndende, bityo ko ubushake n\u2019imbaraga bigikenewe nkuko IGIHE kibitangaza dukesha iyi nkuru..<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIngabo z\u2019igihugu cy\u2019u Rwanda zagize uruhare mu kubaka igihugu, mu kugiteza imbere, kugeza n\u2019uyu munsi mwinjiye muri uyu mwuga ni cyo igihugu kibatezeho n\u2019ibihe biri imbere umuntu wese igihugu kimutezeho ibyo ngibyo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yashimangiye ko igihugu gikomeye gifite umusingi gihagazeho kigomba kuba gifite umutekano, kikawushingiraho mu gutera imbere.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cKwinjira muri RDF bibaha ubushobozi bubafasha gutanga umusanzu mu iterambere ry\u2019u Rwanda no kubungabunga amahoro, adakwiye kugarukira mu Rwanda gusa ariko ndetse n\u2019umusanzu wacu waba ukenewe tukaba twabigeza no ku bandi dufatanya mu bikorwa byinshi. Hirya no hino ku Isi aho ari ho hose.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeye gusaba abo basirikare kugenda bazirikara kuzuza inshingano zo gukorera Abanyarwanda kuko ari wo murimo w\u2019ibanze, anabibutsa ko ahazaza h\u2019igihugu hari mu biganza byabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cMugende muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ari wo murimo wanyu wa mbere w\u2019ibanze. Iyo mukorera Abanyarwanda ari bo muvukamo muba mwikorera na mwe. Bigomba kugaragarira mu musaruro mutanga, mu myitwarire yanyu, no mu mahitamo yanyu igihe nta n\u2019umwe ubareba.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yongeye ko \u201cAhazaza h\u2019u Rwanda hari mu biganza byanyu, mu maboko yanyu. Ubushobozi mufite bugaragara muzabukoreshe uko bikwiye, tubatezeho byinshi ariko mujye muhera no kwitwara neza, mwifate neza, murinde ubuzima bwanyu, mugire n\u2019uruhare ku bireba abanyu.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu kandi yasabye abasirikare bashya kwirinda imico mibi rimo ubusinzi, kunywa ibiyobyabwenge n\u2019ibindi byatuma batuzuza inshingano z\u2019ibategereje uko bikwiye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"848\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXUAABYkO-1-1024x848.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1809\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXUAABYkO-1-1024x848.jpg 1024w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXUAABYkO-1-300x248.jpg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXUAABYkO-1-768x636.jpg 768w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXUAABYkO-1.jpg 1280w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNtabwo twakwifuza ko ibi byose mumaze kugeraho byaba impfabusa umunsi umwe kubera ko warushijwe imbaraga n\u2019imico mibi yo gusinda, ibiyobyabwenge n\u2019indi idakwiriye mu bantu. Byaba ko byaturutse hano iwanyu, cyangwa byaturutse n\u2019ahandi ntabwo ari imico yo kwiga.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ibirori byo gusoza ayo masomo kuri aba basirikare byahujwe no kwizihiza kwizihiza isabukuru y\u2019imyaka 25 iri shuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako rimaze ritanga amasomo yo ku rwego rw\u2019abofisiye bato.<\/p>\n\n\n\n<p>Aba ba ofisiye bato 1029 binjiye mu ngabo z\u2019u Rwanda harimo 557 bize amasomo y\u2019umwaka umwe ,248 bize amasomo y\u2019igihe gito, abagera kuri 182 bize amasomo y\u2019igihe kirekire cy\u2019imyaka ine na 42 bize mu mashuri ya gisirikare hanze y\u2019u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Abakobwa ni 117 naho abahungu ni 912. Bagize icyiciro cya 12 cy\u2019abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"574\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXwAAkFT7-1024x574.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1806\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXwAAkFT7-1024x574.jpg 1024w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXwAAkFT7-300x168.jpg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXwAAkFT7-768x430.jpg 768w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLNXwAAkFT7.jpg 1280w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLOXAAA-fNX-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-1807\" srcset=\"https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLOXAAA-fNX-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLOXAAA-fNX-300x200.jpg 300w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLOXAAA-fNX-768x512.jpg 768w, https:\/\/inkuruzacu.rw\/wp-content\/uploads\/2025\/10\/G2VshLOXAAA-fNX.jpg 1080w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Ukwakira 2025, Nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y&#8217;u Rwanda, Paul Kagame<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1807,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34],"tags":[],"class_list":["post-1798","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1798","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1798"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1798\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1811,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1798\/revisions\/1811"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1807"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1798"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1798"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1798"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}