{"id":1711,"date":"2025-09-18T17:34:00","date_gmt":"2025-09-18T17:34:00","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1711"},"modified":"2025-09-18T17:34:01","modified_gmt":"2025-09-18T17:34:01","slug":"kamonyi-polisi-yarashe-amabandi-atatu-yari-ari-gutemera-abaturage-mu-kabari","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1711","title":{"rendered":"Kamonyi: Polisi yarashe amabandi atatu yari ari gutemera abaturage mu kabari"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Mu ijoro ryishyira ku wa 17 Nzeri 2025, Nibwo Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yarashe abagabo batatu bari mu bikorwa by\u2019ubugizi bwa nabi aho batemaga abaturage bakoresheje intwaro gakondo zirimo imihoro n\u2019ibyuma bagamije kubambura ibyabo bo mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba, mu Karere ka Kamonyi.<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru avuga ko ubwo aba abaturage bageragezaga gutabaza Polisi ikorera muri ako gace, yahise itabarana ingoga ariko abo bajura bagatangira kuyisagarira batumvira amabwiriza yayo, ahubwo bashaka gutema abapolisi na moto bari bakoresheje batabaye ari nayo ntandaro yo kuraswa.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvugizi wa Polisi y\u2019u Rwanda, mu Ntara y\u2019Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko abo abagabo batatu bari amabandi, bakaba bari mu bikorwa bigayitse by\u2019ubugome, aho barimo gutema abantu babacuza ibyabo ubwo bari babasanze mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Raro.<\/p>\n\n\n\n<p>Yavuze ko abakomerekejwe n\u2019ayo mabandi ari abaturage bane, aho bahise batabarwa bakajyanwa mu Bitaro bya Remera Rukoma guhabwa ubuvuzi.<\/p>\n\n\n\n<p>CIP Kamanzi, yakomeje avuga ko ibi bidakwiye guhungabanya umutuzo n\u2019umudendezo w\u2019abaturage, kuko Polisi ibabereye maso.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u2018\u2018Polisi irahumuriza abaturage n\u2019abaturarwanda, ikibutsa kandi ko itazihanganira abantu bigize intakoreka bishora mu bikorwa bigayitse by\u2019ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n\u2019ituze ry\u2019abaturage.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Kuri ubu, hakomeje iperereza ryimbitse ry\u2019inzego zibishijwe rigamije gusesengura icyateye bariya bantu kwitwara kuriya.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu ijoro ryishyira ku wa 17 Nzeri 2025, Nibwo Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yarashe abagabo batatu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1712,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,31],"tags":[],"class_list":["post-1711","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-mu-rwanda"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1711","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1711"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1711\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1713,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1711\/revisions\/1713"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1712"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1711"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1711"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1711"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}