{"id":1678,"date":"2025-09-13T11:21:24","date_gmt":"2025-09-13T11:21:24","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1678"},"modified":"2025-09-13T11:57:14","modified_gmt":"2025-09-13T11:57:14","slug":"nyamasheke-abageni-biteguraga-kurushinga-mu-masaha-make-bakubiswe-bahindurwa-intere","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1678","title":{"rendered":"Nyamasheke: Abageni biteguraga kurushinga mu masaha make bahuye n&#8217;uruva gusenya"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 10 Nzeri 2025, Nibwo, mu Mudugudu wa Mucuzi, mu  Kagari k\u2019Impala, mu Murenge wa Bushenge, mu  Karere ka Nyamasheke,  habereye igikorwa cy&#8217;ubugizi bwa nabi kigatuma ubukwe busubikwa ku munota wa nyuma<\/em><\/strong>.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byabaye ubwo umusore witwa Habumugisha Fiston w\u2019imyaka 25 na Muhawenayo Jeannette ufite imyaka 21 bari bafite ubukwe bwo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y\u2019Imana ku wa Kane tariki ya 11 Nzeri 2025, bakomerekejwe n&#8217;abagizi ba nabi bari mu nzira bataha ubwo bari bavuye gushaka bimwe mu bikoresho byo kwifashisha mu bukwe bwabo.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Amakuru dukesha BTN, avuga ko aba  bageni barwariye mu Bitaro bya Bushenge, bakomerekejwe bikomeye ndetse banamburwa ibyo bari bafite byose.<\/p>\n\n\n\n<p>Icyo gihe bagiye mu isantere y\u2019ubucuruzi ya Gahuhwezi, iherereye mu mu Murenge wa Nyabitekeri, kuzana agatimba k\u2019umugeni n\u2019imyambaro y\u2019umukwe bari barahakodesheje.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Muri uwo mugorobo haguye imvura nyinshi bayugamayo, kubera ko umuhanda wa Bushenge- Nyabitekeri udashobora kugendwamo na moto mu mvura cyangwa ihise bitewe n&#8217;ububi bwawo.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200e\u200eImvura yahise mu ma saa tatu z\u2019ijoro, barataha, bagera mu isantere y\u2019ubucuruzi ya Bushenge mu ma saa tanu z\u2019ijoro, nko mu ntera ya Km imwe gusa ngo bagere mu Mudugudu w&#8217;iwabo.\u201d\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Uwatanze amakuru yagize ati: \u201cBageze nko muri metero 400 barenze santere y\u2019ubucuruzi ya Bushenge, basigaje nka metero 600 gusa ngo bagere iwabo, umukobwa wari waherekeje abageni yagiye kumva yumva abantu atazi baramukuruye,bamwambura imyenda, batangira kumukubita, babereka ibyuma bababwira ko nibataka babakerera.&#8221;\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ko abo bosore b&#8217;abajura bari 6, babambura telefoni 2 (iy\u2019umugeni n\u2019iy\u2019umukwe), igikapu cyarimo agatimba n\u2019inkweto by\u2019umugeni, imipira 2 y\u2019imbeho, agasakoshi karimo amafaranga ataramenyekana umubare, n\u2019ibindi byari bukoreshwe mu bukwe.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Ati: \u201cTwarabategereje turaheba, mu ma saa sita y\u2019ijoro twumva ngo ubukwe ntibukibaye abageni barembeye mu bitaro bya Bushenge bakubiswe barakomeretswa.\u201d\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Umunyamabanga Nshingwabikorwa w\u2019Umurenge wa Bushenge, Habumugisha Hyacinthe, yavuze ko abasore batatu muri abo bagizi ba nabi batawe muri yombi.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Agira ati: &#8220;Ku bw\u2019amahirwe, itsinda ry\u2019insoresore z\u2019abanyarugomo ryo mu Mudugudu wa Runyinya, uko bari batandatu, twafashemo batatu ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Shangi, abandi turacyabashakisha n\u2019ibyo bibye.&#8221;\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Habumugisha yavuze ko bakimara gufatwa bashinje bagenzi babo batatu batafashwe ko ari bo babikoze, babazwa, ukurikije uko basubizaga bikagaragara ko babikoranye uko ari batandatu.\u200e\u200eGitifu Habumugisha yaboneyeho kwihanganisha imiryango y\u2019aba bageni n\u2019abari biteguye kubatahira ubukwe bose.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n\u2019urukiko icyaha cy\u2019ubujura ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni 2 Frw.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Uwagihamijwe ashobora gutegekwa gukora imirimo y\u2019inyungu rusange mu gihe cy\u2019amezi atandatu.\u200e\u200eKu cyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake giteganywa n\u2019itegeko riteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange, aho riteganya ko umuntu, ubishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019amezi atandatu ariko kitarenze umwaka 1 n\u2019ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 300.000 FRW.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200e\u200eIyo byateye uwakorewe icyaha indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma ntacyo yikorera, kubuza burundu urugingo rw\u2019umubiri gukora no gutakaza igice cy\u2019umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y\u2019imyaka imyaka itanu.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 10 Nzeri 2025, Nibwo, mu Mudugudu wa Mucuzi, mu Kagari<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1679,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,31],"tags":[],"class_list":["post-1678","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-mu-rwanda"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1678","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1678"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1678\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1682,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1678\/revisions\/1682"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1679"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1678"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1678"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1678"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}