{"id":1670,"date":"2025-09-13T04:21:53","date_gmt":"2025-09-13T04:21:53","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1670"},"modified":"2025-09-13T04:21:54","modified_gmt":"2025-09-13T04:21:54","slug":"perezida-kagame-yakiriwe-anagirana-ibiganiro-na-emir-wa-qatar","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1670","title":{"rendered":"Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro na Emir wa Qatar"},"content":{"rendered":"\n<p><strong><em>Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, Nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y&#8217;u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani ndetse aboneraho umwanya wo kwifatanya nawe mu izina rye ndetse n\u2019iry\u2019Abanyarwanda muri rusange, nyuma y\u2019igitero giherutse kugabwa na Israel muri icyo gihugu.\u200e\u200e<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yashimiye uruhare rwa Qatar mu bikorwa by\u2019ubuhuza bigamije gukemura amakimbirane atandukanye hirya no hino, harimo n\u2019ayo mu Karere k\u2019Ibiyaga Bigari.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yageze muri Qatar nyuma y\u2019iminsi mike icyo gihugu kigabweho ibitero na Israel ku wa 9 Nzeri 2025, igambiriye kwivugana abayobozi b\u2019Umutwe wa Hamas bari i Doha.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Yakiriwe n\u2019Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga y\u2019icyo gihugu, Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, mbere y\u2019uko agirana ibiganiro na Tamim bin Hamad Al Thani, Emir wa Qatar.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Nyuma y\u2019ibi bitero, Guverinoma y\u2019u Rwanda yasohoye itangazo ibyamagana ivuga ko kurenga ku mahame y\u2019ibanze agenga imibanire y\u2019ibihugu, biganisha ku Isi itagendera ku mategeko.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Ryaragiraga riti \u201cGukinisha nkana amahame y\u2019ibanze agenga imibanire y\u2019ibihugu ni ibintu bibi kandi biteye inkeke, kandi biganisha Isi ku kubaho itagendera ku mategeko mu buryo butigeze bubaho.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibibazo bikomeje gufata indi ntera nta shingiro bifite, ariko umuryango mpuzamahanga usa n\u2019ushyigikiye ko bikomeza nta kubiryozwa.\u201d\u200e\u200eU Rwanda kandi rwakomeje ruvuga ko \u201cUburyarya no kurebera mu bihe nk\u2019ibi, by\u2019umwihariko bikozwe n\u2019abakomeye, bishyira Isi mu byago byo kwisanga mu mvururu n\u2019ibibazo.\u201d\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Guverinoma y\u2019u Rwanda yavuze ko Qatar ikwiriye kuba ishimirwa kubera uruhare iri kugira mu buhuza bugamije gukemura ibibazo bimaze igihe kandi bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika.\u200e\u200eU Rwanda na Qatar bifitanye umubano ukomeye w\u2019ubufatanye mu nzego zitandukanye, zirimo ishoramari, mu bikorwa by\u2019ubukerarugendo n\u2019ubwikorezi.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Uwo mubano ushimangira icyerekezo u Rwanda rufite mu guteza imbere dipolomasi y\u2019ubufatanye bushingiye ku bwubahane, amahoro n\u2019iterambere nkuko IGIHE kibitangaza.<\/p>\n\n\n\n<p>\u200e\u200eIbihugu byombi kandi bifitanye imikoranire mu bijyanye n\u2019ubwikorezi bwo mu kirere, aho biteganyijwe ko mu minsi iri imbere Qatar Airways izegukana imigabane 49% muri RwandAir.\u200e\u200e<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse RwandAir , Qatar inafite imigabane ingana na 60% mu mushinga w\u2019Ikibuga cy\u2019Indege cya Bugesera. Bivugwa ko yishyuye miliyoni 780$ kugira ngo cyubakwe, ku buryo nicyuzura neza kizaba cyakira abagenzi miliyoni 14 ku mwaka.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, Nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y&#8217;u<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1671,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30,34],"tags":[],"class_list":["post-1670","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki-hanze"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1670","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1670"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1670\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1672,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1670\/revisions\/1672"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1671"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1670"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1670"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1670"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}