{"id":1477,"date":"2025-08-14T06:56:23","date_gmt":"2025-08-14T06:56:23","guid":{"rendered":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1477"},"modified":"2025-08-14T06:56:23","modified_gmt":"2025-08-14T06:56:23","slug":"minisitiri-umutoni-yasabye-urubyiruko-kwifashisha-ikoranabuhanga-mu-guhanga-ibishya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/?p=1477","title":{"rendered":"Minisitiri Umutoni yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga mu guhanga ibishya"},"content":{"rendered":"\n<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Urubyiruko n\u2019Iterambere ry\u2019Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga ry\u2019ubwenge bw\u2019ubukorano (AI) mu guhanga ibishya hagamijwe guhangana n\u2019imihindagurikire y\u2019ibihe.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ubwo yifatanyaga n\u2019urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w\u2019urubyiruko. Ni umunsi wabanjirijwe n\u2019imurikabikorwa no kwerekana impano by\u2019urubyiruko rwo muri aka karere.<\/p>\n\n\n\n<p>Umutoni Sandrine yavuze ko u Rwanda rukomeje kubakira ubushobozi Abanyarwanda hibandwa ku rubyiruko, kugira ngo bagire uruhare rufatika mu kugeza u Rwanda ku ntego z\u2019icyerekezo 2050 rwihaye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cIyo tuvuga iterambere rirambye, ni mwe tuba duhanze amaso. Gutera imbere kw\u2019Igihugu bigirwamo uruhare runini n\u2019abaturage bacyo bose ariko kuramba kw\u2019iryo terambere bikenera urubyiruko, rwiteguye gukomereza aho bakuru babo baba bagejeje. Ibi rero kubigeraho bisaba ubufatanye bw\u2019inzego zose, ariko by\u2019umwihariko bigakenera ubushake bw\u2019urubyiruko rwiyemeza kwagura inzozi zabo bagahanira no kuzigeraho uko byamera kose.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Umutoni yavuze ko kwizihiza umunsi mpuzamahanga w\u2019urubyiruko ari umwanya mwiza wo kongera gusubiza amaso inyuma hakishimirwa uruhare rugira mu buzima bw\u2019Igihugu, haba mu nzego z\u2019imirimo ya Leta n\u2019iy\u2019abikorera, mu nzego z\u2019umutekano, mu nganda z\u2019ubuhanzi, siporo n\u2019ahandi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cTwizeye ko umusanzu wanyu uzakomeza kwiyongera muhanga ibishya byinshi mu iterambere ry\u2019ikoranabuhanga rigezweho, mutanga ibisubizo mu guhangana n\u2019imihindagurikire y\u2019ibihe mu gufata ibyemezo no kugira uruhare muri politiki zishyigikira iterambere ryanyu n\u2019iry\u2019Igihugu muri rusange.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Nyirarukundo Dorcas uri guhugurwa mu bijyanye n\u2019ikoranabuhanga muri Girls Tech, yavuze ko impanuro za Umutoni bazakiriye neza kuko ikoranabuhanga iyo urikoresheje neza rikubyarira inyungu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNk\u2019ubu aho natangiriye kwiga gukoresha ikoranabuhanga bya kinyamwuga, nsigaye nkorera abantu impapuro z\u2019ubutumire bakanyishyura, nsigaye mfasha abantu gushaka serivisi ku Irembo. Ibyo byose namenye kubikoresha mu mezi make, ubu rero ngiye gushyira imbaraga mu gukoresha AI ariko mu buryo nayibyaza umusaruro.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Mutoni Sandrine ukora mu bijyanye no kuhira imyaka, yavuze ko yifuza kubikoreshamo ikoranabuhanga mu gufasha abaturage kuhirira imyaka yabo neza.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u2018\u2018Turifuza no kugerageza uburyo bwo kuhirira imyaka umuntu adahari, igihingwa cyakenera amazi rya koranabuhanga rikikoresha ibihingwa bikabona amazi, turi kubigerageza nubwo bitari byakunda.\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p>Umunsi mpuzamahanga w\u2019urubyiruko mu Karere ka Rwamagana waranzwe n\u2019imikino ndetse n\u2019imbyino zinyuranye z\u2019urubyiruko, bataramiwe kandi n\u2019umuhanzi Danny Nanone.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Urubyiruko n\u2019Iterambere ry\u2019Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga ry\u2019ubwenge bw\u2019ubukorano (AI) mu<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":1478,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[37],"tags":[],"class_list":["post-1477","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ikoranabuhanga"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1477","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1477"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1477\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1479,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1477\/revisions\/1479"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/1478"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1477"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1477"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inkuruzacu.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1477"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}